UMUHANGO WO GUTANGIZA KUMUGARAGARO UMUSHINGA W'UBUSHAKASHATSI BWIMBITSE KU NDWARA Y'IMIDIDO
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Nzeli 2022, ku bufatanye bw'Ibitaro Bikuru bya Ruhengeri na Kaminuza y' u Rwanda, mu Ishami ry'Ubushakashatsi ku Ndwara Zititabwaho (NTDs), mu Karere ka Musanze hatangijwe kumugaragaro Umushinga w'Ubushakashatsi Bwimbitse ku Ndwara y'Imidido.
Ni Icyiciro cya Kabiri kizamara Imyaka Itanu hagamijwe kuzahura ubuzima n'imibereho myiza y'abanduye iyi ndwara y'imidido (Podoconisis) mu Rwanda, hibandwa ku gushyiraho ingamba zo kuyirandura burundu.
Uyu muhango wabereye mu Cyumba cy'Inama cya Fatima Hotel, aho wari witabiriwe n'abantu mu Nzego zitandukanye z'Ubuyobozi, Ubuvuzi, Abafatanyabikorwa barimo n'Abagenerwabikorwa bafatwa nk'Abafatanyabikorwa baza ku isonga; bahawe ikaze n'Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro, Dr.MUHIRE Philbert.

Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro
Itsinda rya Kaminuza ryari riyobowe na Prof.MUTESA Leon, wasobanuye byimazeyo iby'uyu mushinga, afatanyije n'Umufatanyabikorwa HASA (Heart and Sole Africa), Ikigo cya mbere mu Rwanda cyatangiye kwita kuri aba barwayi, kinabafasha mu mishinga ibateza imbere, gikorera mu Karere ka Musanze (ari naho gifite Icyicaro) n'aka Burera, ariko kikanakira abarwayi baturutse hirya no hino imbere no hanze y'u Rwanda.

Uwari ukuriye Itsinda rya Kaminuza
Umuhuzabokirwa wa HASA


Uyu musore ni umwe mu Bagenerwabikorwa wo mu Gihugu cy'Abaturanyi cya UGANDA wavuriwe mu Karere ka Burera ashimira Leta y'u Rwanda
Abagenerwabikorwa muri rusange bari bitabiriye umuhango barata ibyiza by'uyu Mushinga banizeza Abafatanyabikorwa gukora ubukangurambaga aho batuye n'aho bagenda
Muri uyu muhango, Umushyitsi Mukuru yari Umuyobozi w'Agateganyo w'Ishami ry'Ubuzima mu Karere ka Musanze, Madamu MUKAGAJU Odette, washimiye Ubuyobozi bw'Igihugu bw'Igihugu, akanizeza ubufatanye abari aho mu ishyirwa mu bikorwa ry'uyu Mushinga no kurwanya ihezwa ry'aba barwayi muri Sosiyete.

Umuyobozi w'Agateganyo w'Ishami ry'Ubuzima mu Karere ka Musanze
Aha, impanuro zatanzwe ndetse n'ubuhamya bw'Abagenerwabikorwa bikaba byose byahurizaga kukuba iyi ndwara y'ibirenge ivurwa igakira iyo ivuriwe kugihe, kandi ko urukingo rwayo rwa mbere ari isuku, cyane cyane hirindwa kwambara ibirenge.
Tubamenyeshe ko ubu mu Karere ka Musanze habarurwa abarwayi 330 naho mu Gihugu bose bakaba 6429.

Iyi niyo Ndwara y'Imidido kubatayizi