ATI: "IBYIZA BIRI IMBERE KANDI VUBA!"

Kuri iki Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Gicurasi 2026, Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin NSANZIMANA, ari mu Ruzinduko rw'Akazi mu Bitaro bya Ruhengeri, aho we n'Itsinda bazanye barimo gukurikirana aho Imyiteguro yo Kubaka Ibitaro Bishya igeze ari nako banasura izo Serivisi.

Yakiriwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Amajyaruguru,  Bwana NGENDAHIMANA Pascal, 
ari kumwe na Perezida wa Komite y'Ubuzima y'Ibitaro, Perezida wa IBUKA mu Karere, Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro n'abandi.

Minisitiri asura ibice bitandukanye (aho zimwe muri serivisi zimuriwe n'aho zahoze)

Tubamenyeshe ko nyuma yo kwimura za Serivisi zari  ahateganyirijwe iyo nyubako, ubu batangiye gusenya no kuzitira ikibanza.

Ashimye ishusho y'ibirimo gukorwa ariko  asaba ko byakwihutishwa.

Back